visit our website visit our website
Your All Day News
Advertisement
  • Home
  • News
    • All
    • Business
    • Education
    • Kwibuka
    • Politics
    • Science
    • World

    Jado Castar yafunguwe nyuma y’iminsi 235 afunzwe

    Yishyikirije RIB ya Kigali : Irengero ry’Umunye-Congo wendaga guhabwa Ububikira bivugwa ko yatorotse agasiga yanditse

    Bikomeje kuba amayobera: Umwamikazi w’ubwongereza ntiyagaragaye mu muhango ukomeye cyane, ese habaye iki?

    Abakora uburaya i Kigali bazamuye ibiciro bitwaje ’intambara yo muri Ukraine’

    Gatsata: Umugabo afunzwe azira gusambanya inkoko

    Perezida Kagame yasubije ubutumwa bwa Bamporiki Eduard wamusabye imbabazi

    Trending Tags

    • Trump Inauguration
    • United Stated
    • White House
    • Market Stories
    • Election Results
    • Travel
  • Entertainment
  • Sports
  • Kigali Updates TV
  • Kigali Updates FM
KIGALI UPDATES FM
WATCH TV
No Result
View All Result
  • Home
  • News
    • All
    • Business
    • Education
    • Kwibuka
    • Politics
    • Science
    • World

    Jado Castar yafunguwe nyuma y’iminsi 235 afunzwe

    Yishyikirije RIB ya Kigali : Irengero ry’Umunye-Congo wendaga guhabwa Ububikira bivugwa ko yatorotse agasiga yanditse

    Bikomeje kuba amayobera: Umwamikazi w’ubwongereza ntiyagaragaye mu muhango ukomeye cyane, ese habaye iki?

    Abakora uburaya i Kigali bazamuye ibiciro bitwaje ’intambara yo muri Ukraine’

    Gatsata: Umugabo afunzwe azira gusambanya inkoko

    Perezida Kagame yasubije ubutumwa bwa Bamporiki Eduard wamusabye imbabazi

    Trending Tags

    • Trump Inauguration
    • United Stated
    • White House
    • Market Stories
    • Election Results
    • Travel
  • Entertainment
  • Sports
  • Kigali Updates TV
  • Kigali Updates FM
KIGALI UPDATES FM
WATCH TV
No Result
View All Result
KigaliUpdates.com
No Result
View All Result
Home News Education

Imvano n’imvano y’icyemezo cyo gusibiza abanyeshuri barenga ibihumbi 60

Dizone by Dizone
October 10, 2021
in Education
4 min read
0
1.4k
SHARES
2.1k
VIEWS
Share On WhatsappShare on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko mu mpamvu zatumye Leta ifata icyemezo cyo gusibiza abanyeshuri 60.642 batsinzwe ibizamini bya leta mu mwaka w’amashuri wa 2020/2021 harimo no kuba isoko ry’umurimo ryari rimaze igihe rigaragaza ko hari abarangiza amashuri badafite ubumenyi bw’ibanze burimo no gusoma.

 

Kuwa 4 Ukwakira 2021 nibwo Minisiteri y’Uburezi yashyize hanze amanota y’ibizamini bya Leta byakozwe mu mwaka w’amashuri wa 2020/2021. Iki cyemezo cyo gusubiza kireba abanyeshuri batsinze ikizamini gisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’ayisumbuye.

 

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko abo banyeshuri batazahabwa ibigo ngo bakomeze mu byiciro bikurikira nk’uko byari bisanzwe ahubwo bazasibizwa.

RelatedPosts

Umwana wiga mu mashuri abanza yakoze ku mitima y’abenshi ubwo yagaragaraga ari kwigira ku matara yo kumihanda

Huye: Umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda yasanzwe amanitse mu mugozi

 

Icyemezo cyo gusibiza abataratsinze neza gishingiye ku mwanzuro wa 10 w’umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu umwaka ushize wa 2020, urebana no ‘guhagarika umuco wo kwimura abanyeshuri batatsinze hagamijwe kwimakaza ireme ry’uburezi’.

 

Byitezwe ko aba banyeshuri bazafashwa gusubiramo amasomo ku bufatanye n’ibigo bari basanzwe bigaho bakazasubira mu bizamini kugira ngo bazimukire mu kindi cyiciro bamaze gutsinda ku kigero giteganywa.

 

Mu kiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru cyabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 10 Ukwakira 2021, Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko gufata iki cyemezo byaturutse ku bintu byinshi birimo n’uko isoko ry’umurimo ryari rimaze igihe kinini ribisaba ngo kuko bamwe mu barangizaga amashuri bagaragazaga icyuho mu bumenyi.

 

Ati “Hari impamvu zabyo nyinshi, ubundi uburezi bureba igihugu ntabwo ari Minisiteri y’Uburezi cyangwa amashuri ahubwo tureba isoko ry’umurimo. Nubwo tuvuga ko aba bakiri mu mashuri abanza bakizamuka no mu cyiciro rusange ariko nibo bazamuka bakavamo abarimu dutegereje n’abandi bayobozi b’igihugu bose. Ntabwo rero twakomeza kwirengagiza icyo isoko ry’umurimo rivuga, buriya iyo bavuze ireme ry’uburezi humva byinshi ariko abakira abanyeshuri bigaragaza impungenge.”

 

Yavuze ko mu mpungenge abatanga akazi ku isoko ry’umurimo bagaragazaga harimo n’uko hari n’abarangiza amashuri batazi kwandika.

 

Dr Uwamariya yavuze ko hari impamvu zitandukanye zatumye Leta itinda gufata iki cyemezo cyo kujya isibiza abatsinzwe zirimo kuba ibyumba by’amashuri byari bike, nta barimu bahagije bo kubigisha ndetse no kwihanganira abanyeshuri batsindwaga kubera ko aho biga ari kure.

 

Yavuze ko izi mpamvu zitandukanye zatumye Leta yorohereza abantu bose kugira ngo babashe kwiga ariko yemeza ko iki aricyo gihe cyo gusubira inyuma hagasubizwaho icyemezo cy’uko hazajya himuka uwatsinze, kuko ibyinshi muri ibi bibazo byamaze gukemurwa.

 

Ati “Igihe byakozwe bagakomeza kwiga byari muri ya gahunda yo gushishikariza abantu gukomeza kwiga aho bafunguriye amarembo buri wese ngo ni agende yige. Ikindi Leta yashyize imbaraga nyinshi cyane mu mashuri nubwo bitagaragara ariko hari byinshi byakozwe, ubwo ndavuga mu bikorwa remezo. Mbere hazaga impamvu zitandukanye ugasanga amashuri ari kure y’abana bigatuma amanota aba make.”

 

“Hari aho wasangaga umwana ava mu bilometero 19 ajya ku ishuri, hari igihe yashoboraga kwiga kabiri cyangwa gatatu mu cyumweru icyo gihe ariko ubu hashyizweho ibyumba by’amashuri. Umwana yaratsindwaga ukavuga ko hari icyo abura ukavuga ngo ka dukomeze tugerageze kuvuga ngo duhagararire aha ntabwo byaba ari byo.”

 

Yakomeje avuga ko kugeza ubu abanyeshuri nta rwitwazo bafite rwatuma batsindwa.

 

Ati “Ubu kubera kongera ibyumba by’amashuri bigabanya ingendo abana bakora, ubu bafite uburyo bwo kwiga, ni ngombwa ko dushyiramo igitsure n’ingufu kugira ngo ireme ry’uburezi rizamuke.”

 

“Ntabwo ari ukuvuga ko ibyakozwe mu myaka yashize byari bibi ahubwo habagaho kureba uko abanyeshuri babasha kugera ku mashuri, ntiwari kuvuga ngo bakomeze abandi basigare kuko n’iyo basigara ntiwari kubona aho ubashyira. Ubu twitaye ku bivugwa ku ireme ry’uburezi tukareba ibikorwaremezo byashyizweho, tukareba abarimu tumaze kugira ni ngombwa ko dushyira imbaraga mu kwimakaza ireme.”

 

Hari abayobozi b’amashuri bazabiryozwa

 

Minisitiri w’Uburezi yavuze ko kugeza ubu Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB) cyatangiye kumanuka kijya hasi mu mirenge no mu bigo by’amashuri kugira ngo harebwe impamvu yatumye batsindwa kugeza ku rwego rwo gusibira.

 

Yavuze ko muri iri genzura hazarebwa niba ababifitemo uruhare ari abanyeshuri, abarimu, ubuyobozi bw’ikigo cyangwa abashinzwe uburezi mu mirenge. Amakuru ari gukoreshwa muri iri genzura ni ayakusanyijwe mu gihe cy’imyaka itatu.

 

Ati “Muri aba bana bose tugomba kureba ikibazo buri mwana afite kuko ushobora gusanga atarabonye amanota amwemerera kwimuka kubera ko habaye uburangare yabuze umwitaho.”

 

“Muzatangara hari ishuri, ikigo cyose hashobora kuba haratsinze umwana umwe cyangwa babiri, hari n’amashuri uzasanga abana bose batsinze […] nujya ku kigo ugasanga abana babiri gusa nibo batsinze abandi bose basigaye, ni ukuvuga ngo ikibazo ntabwo kiri kuri rya shuri ryonyine uzahita usubira inyuma urebe.”

 

Minisitiri Uwamariya yakomeje avuga ko ishuri bazasanga rifite ikibazo cyo kudatsindisha kimaze kuba karande bizaba ngombwa ko hafatwa ibindi byemezo zirimo guhindura ubuyobozi bw’ikigo n’abarimo.

 

Ati “Birasaba ingamba zidasanzwe zirimo ko dushobora no guhindura ubuyobozi bw’ikigo harimo ko dushobora guhindura abarimo, harimo ko tugomba guhamagara ababyeyi tukicarana n’ubuyobozi bw’aho, tukavuga tuti ikibazo kiri aha ni ikihe? Kubera ko nta murenge utagira umukozi ushinzwe uburezi […] abo bantu bakora iki umunsi ku munsi niba ishuri rishobora kumara imyaka itatu ikurikirana nta munyeshuri uhava ubona amanota.”

 

“Ibyemezo bizafatwa hashingiwe kuri buri kigo uko kimeze[…] dufate urugero dusanze ishuri ryose ryaratsinzwe, ntabwo dushobora kwemera ko umuyobozi w’ikigo ahaguma.”

 

Abakoze ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza bari 251.906 barimo abakobwa 136.830 n’abahungu 115.076 naho mu cyiciro rusange bari 121.626 barimo abakobwa 66.240 n’abahungu 55.386.

 

Ku bijyanye n’ibyiciro by’imitsindire (Divisions), mu mashuri abanza abaje mu cya mbere ni 14.373 bihwanye na 5,7%; mu cya kabiri 54.214 (21,5%), icya gatatu ni 75.817 (30,10%) na ho icya kane bakaba 63.326 (25,10%).

 

Mu basoza Icyiciro Rusange, abatsinze bari mu cyiciro cya mbere bangana na 19.238 (15,8%); icya kabiri ni 22.576 (18,6%), icya gatatu ni 17.349 (14,3%) naho mu cyiciro cya kane harimo 45.842 (37,7%.).

 

Nko mu mahuri abanza, abanyeshuri bari mu cyiciro cya mbere ni abafite kuva ku inota rya 1-16; icya kabiri kiri hagati ya 16 na 28; icya gatatu 29-34; icya kane 35-41. Abasigaye baba bari muri U (unclassified), ni bo baba batsinzwe, ni ukuvuga ko muri buri somo baba babonye inota rya 9.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko hatangiye gukorwa igenzura ku mpamvu abanyeshuri barenga ibihumbi 60 batsinzwe cyane ku rwego bafatirwa icyemezo cyo kubasibiza

 

Previous Post

Perezida Museveni yavuze amagambo akomeye ubwo yabazwa ku kuba afite inkomoko mu Rwanda

Next Post

Bamwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda covid-19

Dizone

Dizone

Managing Director of KIGALI UPDATES Ltd

Next Post

Bamwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda covid-19

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

  • Trending
  • Comments
  • Latest

Nyarugenge : Polisi yafashe umugore ahita akuramo imyambaro ye asigara ari buri buri

April 8, 2021

Tidjara Kabendera yahishuye ikintu cyatumye atandukana n’umugabo wa kabiri agasubirana n’umugabo we wa mbere

May 26, 2021

Bikomeje kuba urujijo, Ese CP John Bosco KABERA yaba aherereye he?

January 31, 2021

Umuherwe Bill Gates wavuze bwa mbere ku cyorezo cya Corona ’COVID-19’ abantu ntibabiha agaciro,yahishuye n’igihe kizarangirira ku Isi burundu

March 26, 2021

Minisiteri y’uburezi yageneye buri munyeshuri wiga acumbikirwa n’ishuri amafaranga 25,000 rwfs yo kumutunga

3
Dore ibitera abagore gutaka cyangwa kurira mugihe cy'imibonano mpuzabitsina

Dore ibitera abagore gutaka cyangwa kurira mugihe cy’imibonano mpuzabitsina

3

Breaking News: Amakipe 18 niyo azakina shampiyona

3

Menya umugore wa mbere wa Adam utari Eva n’uburyo yaryamanye na Adam mu rwego rwo kwihorera,Ntiyigeze avugwa.

3

Jado Castar yafunguwe nyuma y’iminsi 235 afunzwe

May 14, 2022

Rwanda: Nti bikiri ngombwa kwambara agapfukamunwa

May 13, 2022

Rurageretse hagati ya Diamond platinumz,Zuchu na Leta ya Tanzania

May 12, 2022

Yishyikirije RIB ya Kigali : Irengero ry’Umunye-Congo wendaga guhabwa Ububikira bivugwa ko yatorotse agasiga yanditse

May 12, 2022

Recent News

Jado Castar yafunguwe nyuma y’iminsi 235 afunzwe

May 14, 2022
1.7k

Rwanda: Nti bikiri ngombwa kwambara agapfukamunwa

May 13, 2022
1.7k

Rurageretse hagati ya Diamond platinumz,Zuchu na Leta ya Tanzania

May 12, 2022
1.7k

Yishyikirije RIB ya Kigali : Irengero ry’Umunye-Congo wendaga guhabwa Ububikira bivugwa ko yatorotse agasiga yanditse

May 12, 2022
1.7k

Kigali Updates TV

ADVERTISEMENT

Browse by Category

  • All latest News
  • Apps
  • Business
  • CINEMA
  • Education
  • Entertainment
  • Fashion
  • Food
  • Health
  • Kwibuka
  • Lifestyle
  • Music
  • News
  • Politics
  • Religion
  • Review
  • Science
  • Sports
  • Tech
  • Travel
  • Udushya
  • World

Follow Kigali Updates Ltd on Social Media

Recent News

Jado Castar yafunguwe nyuma y’iminsi 235 afunzwe

May 14, 2022

Rwanda: Nti bikiri ngombwa kwambara agapfukamunwa

May 13, 2022

© 2015 - 2022 | Kigali Updates Ltd | All rights reserved .

No Result
View All Result
  • Home
  • News
    • Travel
  • Entertainment
  • Sports
  • Kigali Updates TV
  • Kigali Updates FM

© 2015 - 2022 | Kigali Updates Ltd | All rights reserved .